00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inzu Trump yakuriyemo yagurishijwe

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 September 2026 saa 02:52
Yasuwe :

Inzu Donald Trump yabayemo akiri umwana, iherereye mu gace ka Jamaica Estates muri Queens, mu Mujyi wa New York, yagurishijwe miliyoni 1,93 z’Amadolari ku wa 11 Nzeri 2026.

Iyi nzu yubatswe na se wa Trump mu myaka ya 1940. Trump yayibayemo kugeza afite imyaka ine.

Ifite ibyumba bitanu byo kuraramo n’ubwogero butatu. Mbere yo kugurishwa yaravuguruwe, ndetse muri Gicurasi 2026 yari yashyizwe ku isoko ku madolari miliyoni 2,2.

Igiciro cyayo cyaje kugabanywa kigera kuri miliyoni 1,99 z’amadolari muri Kamena, mbere y’uko igurishwa ku giciro kiri munsi y’icyo. Uwayiguze ntiyatangajwe.

Uwashoye imari mu mitungo itimukanwa, Tommy Lin, yari yaraguze iyi nzu mu 2025, ayivugurura mu gihe cy’amezi umunani. Icyo gihe yari imaze imyaka idatuwemo kandi yarangiritse.

Si ubwa mbere iyi nzu ihinduye nyirayo. Mu 2017 yagurishijwe miliyoni 2,14 z’amadolari, nyuma iza gukodeshwa ku rubuga rwa Airbnb. Mu bayicumbikagamo hari abayihitagamo kubera amateka ifitanye na Trump.

Iyi nzu Trump yakuriyemo yagurishijwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages