00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inzu ndangamurage ya Louvre yahanitse ibiciro byo kuyisura nyuma y’ubujura bwayibasiye

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 28 November 2025 saa 10:48
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Inzu Ndangamurage ya Louvre iri Paris mu Bufaransa bwatangaje ko guhera ku itariki ya 14 Mutarama 2026, abayisura badaturutse mu bihugu byo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) bazazamurirwa igiciro ku kigero cya 45%.

Ni icyemezo kije gikurikira ubujura bwo ku manywa y’ihangu buherutse gukorerwa muri iyo nzu ndangamurage ya mbere isurwa kurusha izindi ku Isi, bwabaye ku wa 19 Ukwakira 2025 hakibwa ibifite agaciro karenga miliyoni 88 z’Ama-Euro (hafi miliyari 102 Frw).

Ibiciro ku bantu bo mu bindi bihugu byazamuwe, bikurwa ku ma-Euro 22 ku muntu umwe bigezwa ku ma-Euro 32. Ni mu gihe abo mu bihugu byo muri EU bazakomeza kwishyura ku biciro bisanzwe by’ama-Euro 22.

France 24 yanditse ko kuzamura ibyo biciro bizongera kugeza kuri miliyoni 20 z’Ama-Euro ku mafaranga iyo nzu ndangamurage isanzwe yinjiza ku mwaka, bikayifasha kuvugurura imiterere yayo.

Ibihugu byo mu Burayi nk’u Bwongereza, Norvège n’ibindi bitari muri EU, kongeraho ibindi bikunze kugira abayisura benshi nka Amerika n’u Bushinwa bizajya byishyura kuri icyo giciro gishya.

Mu 2024, Inzu Ndangamurage ya Louvre yasuwe n’abakerarugendo miliyoni 8.7, barimo 69% baturutse hanze y’u Bufaransa.

Inzu ndangamurage ya Louvre yahanitse ibiciro byo kuyisura nyuma y’ubujura bwayibasiye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages