Umwanzuro wo kweguza Perezida Yoon watowe n’abagize Inteko 204, abandi 85 barawanga, mu gihe batatu bo bifashe, amajwi umunani aba impfabusa.
Itegeko Nshinga rya Koreya y’Epfo riteganya ko kugira ngo Umukuru w’Igihugu yeguzwe, bisaba ko ⅔ by’abagize Inteko Ishinga Amategeko babyemeza. Iyo aya majwi abonetse, ahagarikwa by’agateganyo.
Nyuma y’aho amajwi asabwa kugira ngo Perezida Yoon yeguzwe abonetse, biteganyijwe ko ahagarika imirimo, asimburwe by’agateganyo na Minisitiri w’Intebe, Han Duck-soo.
Mu gihe Perezida Yoon araba ahagaritse by’agateganyo imirimo, urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga ni rwo ruzafata umwanzuro wa nyuma, nyuma yo gusuzuma ibyo Inteko yashingiyeho imweguza.
Uru rukiko nirwemeranya n’Inteko, ruzemeza ko Perezida Yoon ahagaritswe burundu, Minisitiri w’Intebe akomeze kuyobora kugeza igihe hazabonekera undi Mukuru w’Igihugu, binyuze mu matora.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!