FAA yavuze ko ikibazo kireba indege 453 zo mu bwoko bwa Boeing 737 MAX zanditswe muri Amerika, aho hari zimwe mu ntebe z’abagenzi zaba zitarashyizwe neza ku murongo wazo. Ku buryo bidakosowe, zishobora guteza ibikomere ku bagenzi mu gihe habayeho kugwa kwihutirwa kw’indege.
Icyemezo cya FAA gisaba ko izo ndege zisuzumwa kandi ikibazo kigakosorwa. Icyakora, icyo kigo nticyatangaje niba n’indege zikoreshwa n’amasosiyete y’indege yo hanze ya Amerika nazo zifite iki kibazo, nubwo akenshi amasosiyete mpuzamahanga akurikiza amabwiriza ya FAA iyo areba indege zayo.
FAA yavuze ko yakiriye amakuru agaragaza ko hari ibice bimwe bigize intebe z’abagenzi bitashyizwe neza aho bigomba.
Kugeza ubu, FAA ntiyatangaje igihe nyacyo amasosiyete y’indege azaba yamaze gukosorera iki kibazo. Boeing ntiyahise itanga ibisobanuro ku byatangajwe na FAA.
Boeing 737 MAX ni imwe mu ndege zikoreshwa cyane n’amasosiyete y’indege ku Isi, ariko iyi sosiyete imaze imyaka ihura n’ibibazo bitandukanye bijyanye n’umutekano mu by’indege.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!