Ubuyobozi bw’ingabo za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati (US Central Command) bwatangaje ko ibi bitero byari bigamije kurushaho “guca intege ingabo za Iran” .
Ingabo za Amerika kandi zafashe ubwato hagamijwe gukumira ibikorwa by’ubwikorezi bujya cyangwa buva muri Iran binyuze muri Hormuz.
Gusa Iran yatangaje ko ibitero bya Amerika byibasiye n’ibikorwaremezo bitari iby’igisirikare, birimo ibiraro, gariyamoshi ndetse n’ikibuga cy’indege. Itangazamakuru rya Leta ya Iran ryavuze ko ibyo bikorwa byangije ahantu hakorerwa ibikorwa bya buri munsi by’abaturage. Hari ikiraro cyo mu Burengerazuba bwa Bandar Abbas mu Ntara ya Hormozgan byemejwe ko cyagabweho igitero.
Misile za Amerika kandi zaguye hafi y’ikirwa cya Qeshm, hafi y’inzira ya Hormuz, ndetse no mu mijyi ya Bandar Abbas na Bushehr, ahari uruganda rutunganya ingufu za nucleaire.
Centcom yavuze ko yibasiye ibirindiro by’ingabo birimo ahakorerwa igenzura ku nkombe, uburyo bwo kurinda ikirere, ibikorwa byo gutwara ibikoresho by’ingabo ndetse n’ubushobozi bwo gukoresha ubwato.
Iran yavuze ko nayo yagabye ibitero ku bikorwa bya gisirikare bya Amerika biri muri Kuwait na Bahrain, nyuma yo gushinja Washington kwibasira ikibuga cy’indege cya Iranshahr, gariyamoshi ya Bandar Khamir ndetse n’ibiraro bitanu biri mu mujyi w’icyambu. Ikigo cy’itangazamakuru cya Leta ya Iran, IRNA, cyatangaje ko abantu barindwi baguye muri ibyo bitero.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!