Uyu muyobozi yavuze ko Ukraine yababajwe cyane no kuba yaragabweho ibitero n’u Burusiya, gusa asobanura ko igikenewe ari uko intambara irangira, cyane ko yica abasirikare benshi, aho bibarwa ko abarenga ibihumbi bitanu bapfa buri cyumweru ku mpande zombi.
Vance yavuze ko Amerika izakomeza kugira uruhare mu biganiro bigamije guhosha iyi ntambara, ariko aca amarenga ko ari urugendo rutoroshye cyane ko impande zombi zitumvikana ku ngingo nyinshi, zirimo kuba Crimea yigaruriwe n’u Burusiya mu 2014 yaba igice cyayo mu buryo bwuzuye, na Ukraine ikabyemera.
Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yari aherutse gushyiraho ibihe by’agahenge k’iminsi itatu, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 80 Intambara y’Isi ya Kabiri irangiye. Ukraine yahise isaba ko ako gahenge kamara iminsi 30, uretse ko u Burusiya ntacyo burabivugaho.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!