00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intambara y’u Burusiya na Ukraine ishobora guhindura isura nyuma y’inkunga y’u Burayi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 April 2026 saa 08:52
Yasuwe :

U Burusiya bwaburiye inganda n’ibihugu by’i Burayi, bubisaba guhagarika ibikorwa byo gutera inkunga Ukraine buyiha intwaro na drones nyuma y’aho bitangarijwe ko mu minsi ishize, Ukraine yarashe ku bikorwaremezo by’ingufu na Gaz by’iki gihugu bihanganye.

Ibi bije nyuma y’aho Ukraine igiranye amasezerano n’ibihugu byo mu Burayi ku bijyanye n’ubwirinzi.

Itangazo rya Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya, rivuga ko icyo gikorwa cyo kugirana amasezerano na Ukraine mu bya gisirikare kigamije kongera umwuka mubi no gutuma ibi bihugu biba ahantu Ukraine bigeragereza ibikorwa byabyo bya gisirikare.

U Burusiya bwavuze ko hari ingaruka zizabaho, ndetse ko “ibyo abayobozi b’i Burayi bari gukora, ari ugukururira ibi bihugu mu ntambara n’u Burusiya”.

Bwanashyize hanze urutonde rw’ibigo byo mu bihugu by’i Burayi biri gukorana na Ukraine mu bijyanye no gukora intwaro.

U Budage buherutse gutangaza ko bugiye gushora miliyoni 300 z’ama-euro mu kubakira ubushobozi Ukraine mu bijyanye no kubona intwaro zirasa kure, hamwe na drones 5000 Ukraine yakwirashisha ku rugamba.

Norvège nayo yagiranye amasezerano na Ukraine agamije gukorera hamwe drones ndetse yemera gutanga miliyoni 560 z’ama-euro mu gufasha Ukraine ku rugamba yifashishije drones.

U Buholandi bwatangaje ko buzakoresha miliyoni 248 z’ama-euro mu gushyigikira ibikorwa bya drones mu gihe u Bubiligi bwemeye miliyoni 85 z’ama-euro.

Ibara ry’umutuku rigaragaza ibice bya Ukraine u Burusiya bwigaruriye, ibyo buri kurwaniramo cyangwa ibyo bwarwaniyemo mu minsi ishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages