00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intambara muri Gaza yangije isura ya Israel - Marco Rubio

Yanditswe na Ishimwe Rugamba Ornella
Kuya 6 October 2025 saa 11:42
Yasuwe :

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marco Rubio, yatangaje ko intambara yo muri Gaza yangije isura ya Israel ku rwego mpuzamahanga.

Rubio yavuze ibi nyuma y’uko Israel yemeye guhagarika ibitero muri Gaza kugira ngo ishyire mu bikorwa amasezerano yo guhererekanya imfungwa hagati yayo na Hamas, amasezerano yari yasabwe na Perezida Trump.

Yakomeje atangaza ko kubera intambara iri muri Gaza, ibihugu byinshi byo ku Isi bitangiye kugaragaza ko bishyigikiye Palestine, ndetse ko muri Amerika hari abatangiye kunenga ibikorwa bya Israel.

Yagize ati “Ntekereza ko ari cyo Perezida yashakaga kuvuga hano, ari uko umuntu yaba yemera cyangwa ahakana ko byari bikwiye, gusa ntushobora kwirengagiza ingaruka ibyo byagize ku isura ya Israel ku ruhando mpuzamahanga.”

Kugeza ubu, bivugwa ko Israel yanze guhagarika ibitero byayo n’ubwo Hamas yemeye kurekura imfungwa zose mu gihe amasezerano azaba arangiye, gusa Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu, yanze kwemera gukura ingabo muri Gaza burundu.

Marco Rubio yatangaje ko intambara muri Gaza yangije isura ya Israel

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages