00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingabo za Israel zishinjwa kwica abantu 93 kuva agahenge katangira muri Gaza

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 25 October 2025 saa 06:33
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubuzima yo mu ntara ya Gaza muri Palestine yatangaje ko kuva tariki ya 11 Ukwakira 2025 ubwo agahenge katangiraga kubahirizwa, ingabo za Israel zimaze kwica abantu 93.

Iyi Minisiteri kuri uyu wa 25 Ukwakira yasobanuye ko abamaze gukomereka kuva icyo gihe ari Abanya-Palestine 324.

Aya makuru yatangajwe nyuma y’aho mu masaha 48 ashize, ingabo za Israel zigabye igitero muri Gaza, kigapfiramo abantu 19, abandi barindwi bagakomereka.

Umuryango Rd Crescent Society watangaje ko mu bakomeretse harimo babiri barashwe bwo bari mu modoka mu gace ka Bani Suheila kari mu burasirazuba bw’akarere ka Khan Younis, mu majyepfo ya Gaza.

Iyi Minisiteri yatangaje ko kuva mu Ukwakira 2023, ibitero by’ingabo za Israel bimaze kwicirwamo abantu 68.519, mu gihe abandi 170.381 bakomeretse.

Israel na Hamas byemeranyije guhana agahenge kugira ngo bihererekanye imbohe n’imfungwa, nk’uko byateganyijwe mu mushinga wateguwe na Perezida Donald Trump wa Amerika.

Byateganyijwe ko na nyuma yo guhererekanya imbohe n’imfungwa, agahenge kazakomeza mu gihe hakomeje ibiganiro bifasha intara ya Gaza na Israel kugera ku mahoro arambye.

Amerika iteganya ko ingabo za Israel zizava muri Gaza, Hamas na yo isenyuke, iyi ntara ikazarindirwa umutekano n’ingabo z’amahanga, ikanahabwa ubuyobozi bushya budafite uruhande rwa politiki bubogamiyeho.

Ingabo za Israel zaciye umurongo ntarengwa muri Gaza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages