Imyitozo y’ingabo z’u Bushinwa yaturutse ku burakari bwatewe n’ijambo ryavuzwe n’Umuyobozi mushya wa Taiwan, Lai Ching-te ubwo yarahiraga tariki 20 Gicurasi.
Icyo gihe yagaragaje ko ashaka ko Taiwan iba igihugu kigenga, ibintu u Bushinwa bwemeza ko bitazashoboka kuko icyo kirwa gifatwa nk’igice cy’u Bushinwa.
Global Times yatangaje ko imyitozo y’ingabo z’u Bushinwa yatangiye ahagana saa moya z’igitondo cyo kuri uyu wa Kane, ikorwa mu bice byose by’amazi azengurutse Taiwan.
Ni imyitozo idasanzwe iri gukorwa n’ingabo zo mu mazi, izo mu kirere n’izo ku butaka mu cyiswe ‘Sword-2024A’.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!