Ikigo cya Indonesia gishinzwe guhangana n’ibiza, BPBD, cyatangaje ko abandi bantu bagwiriwe n’inzu nyinshi zangiritse kubera uyu mutingito n’indi mito yawukurikiye.
Uyu mutingito wibasiye ikirwa cya Flores mbere gato ya saa Kumi n’Imwe z’igitondo ku isaha yaho, ukaba wari ufite izingiro mu bujyakuzimu bwa kilometero 15. Nyuma yawo hakurikiye indi mitingito, irimo umwe wari ufite ubukana bwa 6,1.
Guverineri wa East Nusa Tenggara, Emanuel Melkiades Laka Lena, yavuze ko bamwe mu bapfuye bahitanywe n’ibikuta by’inyubako zabaguyeho.
Abantu batatu bapfiriye muri Sikka, batandatu muri Manggarai, naho batanu bapfira muri East Manggarai. Abandi babiri bakomeretse bikomeye, 11 bakomereka byoroheje. Inzu 54 zangiritse bikomeye, hamwe n’ibigo n’inyubako za Leta.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!