00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indege z’intambara za Amerika zakumiriwe mu kirere cy’u Busuwisi

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 15 March 2026 saa 01:45
Yasuwe :

U Busuwisi bwakumiriye indege z’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifitanye isano n’intambara yo muri Iran, mu kirere cyabwo.

U Busuwisi ni kimwe mu bihugu byiyemeje kubaka politike ishingiye ku kutabogama no kwirinda amakimbirane yavamo intambara n’ibindi bihugu.

Itangazo Leta y’u Busuwisi yashyize hanze ku wa Gatandatu, tariki 14 Werurwe, rivuga ko ubusabe bw’indege ebyiri z’ubutasi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifuzaga gukoresha ikirere cyabo bwateshejwe agaciro.

Izindi ndege eshatu zirimo ebyiri zitwara abantu n’imizigo zemerewe gutambuka.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko indege za Amerika zirenze ku mubare w’izisanzwe zinyura mu kirere cy’u Busuwisi zitazahabwa uruhushya rwo gutambuka keretse igihe intego z’urugendo rwazo zizwi kandi zitajyanye n’intambara.

Amategeko yo kutabogama, akumira ingendo z’abari mu ntambara kuba bakoresha ikirere cy’u Busuwisi bagamije ibikorwa bya gisirikare.

U Busuwisi bwakumiriye indege z'intambara za Amerika zifuzaga guca mu kirere cyabwo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages