00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indege y’intambara ya B-52 Bomber Amerika yahanutse ikimara guhaguruka

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 June 2026 saa 11:51
Yasuwe :

Indege y’intambara ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ya ‘B-52 Stratofortress bomber’ yahanutse ikimara guhagurukira mu kigo cya gisirikare cy’ingabo zirwanira mu kirere cya Edwards Air Force Base, giherereye mu majyepfo ya Leta ya California mu bilometero 160 uvuye mu Mujyi wa Los Angeles.

Iyi mpanuka yabaye ahagana Saa Tatu n’iminota 20 z’umugoroba ku isaha yo mu Rwanda. Hari Saa Tanu na 20 ku isaha y’i California.

Ubuyobozi bwa Edwards Air Force Base mu itangazo bwashyize hanze, ntibwavuze niba hari abantu bakomerekeyemo. Umwotsi wirabura wagaragaye ututumba kuri iyi ndege.

Itangazo rigira riti “Itsinda ry’abashinzwe ubutabazi ryahise rihagoboka. Amakuru yisumbuye aragenda atangwa uko aboneka.”

Nyuma iki kigo cyavuze ko ikibuga cy’indege indege zacyo zikoresha cyafunzwe ndetse indenge zagombaga kuhagushwa ziri kwerekezwa ahandi.

Indege za Boeing B-52 Stratofortress’ zimaze hafi imyaka 76 zikoreshwa n’igisirikare cya Amerika. Ni zimwe mu zifashishijwe mu kurasa kuri Iran mu ntambara Amerika na Israel bimaze iminsi bihanganyemo n’ab’i Tehran.

Izi ndege zishobora kugenda mu ntera y’ibilometero 15,2 uvuye ku butaka. Zishobora gutwara ibilo ibihumbi 31,7 by’intwaro zitandukanye.

Zishobora kugenda intera y’ibilometero 14.170 zitarongerwamo amavuta. Zifite ubushobozi bwo kongerwamo amavuta ziri mu kirere ibituma zongera intera zigenda. Zitwara abantu batanu baba bafite inshingano zitandukanye.

Indege y’intambara ya B-52 Bomber Amerika yahanutse ikimara guhaguruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages