00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impungenge ku Burayi bushobora gutakaza isoko rya Amerika

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 24 May 2025 saa 09:13
Yasuwe :

Impungenge zikomeje kuba nyinshi mu bigo by’ubucuruzi byo ku Mugabane w’u Burayi, nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, atangaje ko ibicuruzwa bituruka kuri uwo Mugabane byinjira muri Amerika, bishobora gushyirirwaho umusoro wa 50%.

Ubundi ibicuruzwa biturutse mu Burayi byishyuraga umusoro ungana na 10% nk’ibituruka ku yindi migabane, gusa ibi ngo bishobora guhinduka bitewe n’uko imishyikirano hagati na Amerika n’u Burayi itari kugenda neza.

Ibi ngo bishobora gutuma umusoro Amerika ishyira ku bicuruzwa biturutse mu Burayi ugera kuri 50%, ibivuze ko byinshi muri ibyo bicuruzwa bitaba bigishobora guhangana ku isoko rya Amerika, cyane cyane imodoka, imashini ziremereye n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.

Ibi ngo byatumye ibigo by’ubucuruzi bikomeye ku Mugabane w’u Burayi byotsa igitutu abayobozi bo kuri uwo Mugabane, kugira ngo bumvikane na Amerika, ntizongere imisoro ku bicuruzwa bituruka mu Burayi.

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi nawo uherutse gutangaza ko ushobora kongera imisoro ku bicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 113$ biturutse ku Mugabane w’u Burayi, mu gihe Amerika yakomeza kwihagararaho, ntigabanye umusoro ku bicuruzwa bituruka kuri uwo Mugabane.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .