Bishimira ko kuri ubu kugezwaho amashanyarazi byavuye kuri 0,2% mu myaka 30 ishize, ubu bikaba biri kuri 86,7%, amazi bava kuri 0% bagera kuri 85,4%.
Amashanyarazi yatumye inganda ziyongera i Nyaruguru. Ubu bafite inganda z’icyayi enye, inganda umunani zitunganya ikawa, uruganda rutunganya ibigori n’ibindi.
Iterambere ry’ubuhinzi ntiryasigaye kuko bageze kuri hegitari 9.000 z’icyayi zivuye kuri 300, na hegitari ibihumbi 55 zihingwaho ibihingwa ngandurarugo.
Ni umusaruro wagaragajwe ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yasuraga Akarere ka Nyaruguru agiye gutangiza ku mugaragaro igihembwe cy’ihinga 2026 A.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Dr. Murwanashyaka Emmanuel, yahaye Minisitiri w’Intebe ubutumwa bwo gushimira Perezida Kagame, ati “Twagiraga ngo tubatume kuri Perezida wa Repubulika, mumubwire muti ‘i Nyaruguru twateye intambwe, ibya kera byo kwicwa n’inzara tugasuhuka twarabirenze, kuko wamenye igikwiye Nyaruguru.’’
Aka kanyamuneza kagaragara no mu baturage. Banzubaze Férdinand ubarizwa muri Koperative yitwa Abishyizehamwe ihinga mu Gishanga cy’Urwonjya, mu Murenge wa Nyagisozi, yavuze ko mu bihe byatambutse bakoreshaga ubutaka nabi, ibishanga bakabipfusha ubusa.
Nyuma yo kwerekwa uburyo bugezweho bwo guhinga, ubu beza toni eshanu ku bigori zivuye kuri imwe, na toni 25 z’ibirayi bavuye kuri eshanu.
Ati “Byahinduye isura, ubu ikirayi cya Nyaruguru gikwira mu Rwanda hose. Ubu ba rwiyemezamirimo baza kugura ibigori iwacu, mbese natwe dusigaye tugemura kandi twaragemurirwaga.”
Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva Justin, yasabye abaturage gukomeza umurongo mwiza bariho w’iterambere bubakiye ku byo ubuyobozi bwabagejejeho.
Yagize ati “Ibikorwa remezo mugezeho hano bigaragara neza ko Paul Kagame abahetse.”
Minisitiri Dr. Nsengiyumva, yakomeje asaba abahinzi kongera umusaruro, bitabira kuhira aho biri ngombwa, gushinganisha ibihingwa ndetse n’ibindi byakongera umusaruro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!