Mu byaha uyu mugabo yahamijwe harimo ibyaha byo gutoteza, ubwicanyi, gushishikariza guhohotera no gusambanya abagore ku gahato, n’ibindi byaha byose byakorwaga n’aba-Janjaweed mu myaka irenga 20 ishize.
Uyu mugabo watangiye kuburanishwa mu 2022, yagiye agaragaza ko ubwo yari ayoboye uwo mutwe hari ububasha atari afite ariko umucamanza Joana Korner yavuze ko ibyo byari ibinyoma.
Ati “Abd-Al-Rahman uretse gutanga amategeko yo gukora ibyaha, hari n’ibyo ubwe yikoreye muri Mukjar na Deleig aho yagendaga akubita imfungwa ishoka.”
Abd-al-Rahman yishyize mu maboko ya ICC mu 2020 nyuma y’imyaka 13 abundabunda aho yashinjwaga kuba yaragize uruhare mu bitero byagabwe ku basivile mu Mijyi ine yo muri Darfur hagati ya Kanama 2003 na Werurwe 2004.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!