Shuvayev abinyujije kuri Telegram mu gitondo cyo ku wa Mbere ko mu bakomeretse harimo umwana w’imyaka 14.
Ibi bitero byagabwe nyuma y’ijoro rimwe abayobozi b’u Burusiya bavuze ko Ukraine yagabye igitero gikomeye kurusha ibindi byose yagabye muri uyu mwaka, kikaba cyarahitanye nibura abantu barindwi.
Muri iryo joro kandi, ibitero by’u Burusiya muri Ukraine byahitanye nibura abantu barindwi, abandi barenga 39 barakomereka.
Shuvayev yavuze ko ibitero bya nyuma byateje inkongi mu nyubako ndetse byangiza imodoka muri Kolosvkovo, mu karere ka Valuysky kari hafi y’umupaka w’u Burusiya na Ukraine.
Umwana wakomeretse yajyanwe mu bitaro, mu gihe abandi bantu babiri bakomeretse bahawe ubufasha bw’ubuvuzi.
Mu byumweru bishize, Moscow yakajije ibitero bya misile hirya no hino muri Ukraine, mu gihe Kyiv na yo yakajije ibitero by’indege zitagira abapilote byibasira ibice biri imbere mu Burusiya.
Impande zombi zikomeje gushinjanya kwibasira abasivili mu ntambara imaze imyaka irenga ine.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!