00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitero by’u Burusiya na Ukraine byahitanye 14

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 July 2026 saa 04:51
Yasuwe :

Abayobozi bo mu Burusiya no muri Ukraine batangaje ko ibitero biheruka byahitanye abantu 14 mu bice bitandukanye intambara irwanirwamo.

Abayobozi bo mu gace ka Zaporizhzhia kagenzurwa n’u Burusiya, bavuze ko ibitero bya Ukraine byagabwe ahakambitse ba mukerarugendo byahitanye abantu 11. Muri bo harimo abana bane, mu gihe abandi 16 bakomerekeye muri ibyo bitero. Ukraine ntiyahise igira icyo ibivugaho.

Mu karere ka Sumy, mu majyaruguru ashyira Uburasirazuba bwa Ukraine, abayobozi bavuze ko igitero cya drones y’u Burusiya cyahitanye abantu batatu.

Umuyobozi w’akarere, Oleh Hryhorov, yavuze ko iyo ndege yarashe ibikorwaremezo bya gisivili, iteza inkongi ikomeye. Abapfuye bari abashoferi bakoreraga ikigo cyigenga gishinzwe iposita no gutwara ubutumwa, Nova Poshta.

Minisiteri y’Ingabo y’u Burusiya yavuze ko yari yagambiriye gusenya ububiko bwa Drones za Ukraine.

Ibi bitero byakurikiye igitero gikomeye u Burusiya bwagabye hafi ya Kyiv ku wa Gatanu, kigahitana abantu 10, abandi hafi 100 bagakomereka.

Perezida Volodymyr Zelenskyy yavuze ko u Burusiya bushobora kuba buri butegura ikindi gitero gikomeye cya misile mu masaha 48.

Ibitero by'u Burusiya na Ukraine byahitanye abantu 14

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages