00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibinyobwa bya Coca-Cola bigiye gusubizwa ku ruganda kubera ubwinshi bw’ikinyabutabire cya chlorine

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 January 2025 saa 08:11
Yasuwe :

Ku wa Mbere Ishami rya Coca-Cola i Burayi ryatangaje ko ryategetse ko hari ibinyobwa bya Coke, Sprite, ndetse n’ibindi bigomba gusubizwa ku ruganda, nyuma yo gusanga birimo ikigero kinini cy’ikinyabutabire cya chlorine, gishobora kugira ingaruka ku buzima bw’abantu.

Iyi sosiyete yavuze ko ibi ibinyobwa biri mu macupa ya pulasitike n’amacupa y’ibirahure ku masoko y’u Bubiligi, u Buholandi, u Bwongereza, u Budage, u Bufaransa na Luxembourg kuva mu Ugushyingo 2024.

Yagize iti “Ntabwo turamenya umubare nyakuri w’ibinyobwa bifite iki kibazo, ariko ni byinshi.”

Mu 2015 Ikigo gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa ku Mugabane w’u Burayi [European Food Safety Authority], cyagaragaje ko gukoresha igihe kinini ibinyobwa birimo iki kinyabutabire cyinshi, bishobora kugira ingaruka ku bana cyane abafite ikibazo cyo kubura ‘iodine’ ihagije mu mubiri.

Ibinyobwa byinshi byagaragayemo iki kibazo byari bitaragurishwa byakuwe mu bubiko, mu gihe ingamba zo gukura ku isoko ibindi byose bisigaye zigikomeje.

Ibinyobwa bya Coca-Cola bigiye gusubizwa ku ruganda kubera ubwinshi bw’ikinyabutabire cya chlorine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages