00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hezbollah yatangaje umuyobozi wayo mushya, abayobozi ba Israel bati “Araraye, ntiyiriwe!”

Yanditswe na Ayera Belyne
Kuya 29 October 2024 saa 06:51
Yasuwe :

Umutwe wa Hezbollah watangaje ko Naim Qassem wari usanzwe ari Umunyabanga Mukuru wawo, ari we wabaye umuyobozi w’uwo mutwe asimbuye Hassan Nasrallah, wamaze igihe kinini ayoboye uyu mutwe, kugeza muri Nzeri 2024 ubwo yahitanwaga n’ibitero bya Israel.

Ni ibyatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024 mu itangazo Hezbollah yashyize hanze, aho yavuze ko uyu mugabo w’imyaka 71 yatowe hakurikijwe amategeko y’uyu mutwe witwaje intwaro.

Naim yabaye Umunyabanga Mukuru wa Hezbollah mu myaka mirongo itatu ishije. Ubu ni we muyobozi mukuru Hezbollah yari isigarenye nyuma y’uko abandi bagiye bahitanwa n’ibitero bya Israel imaze iminsi iri kugaba kuri Hezbollah muri Liban, Naim kandi yagize uruhare mu ishingwa rya Hezbollah mu 1980.

Byari byitezwe ko umuyobozi mushya wa Hezbollah uzatorwa ari Hashem Safieddine gusa ku wa 22 Ukwakira yahitanywe n’ibitero bya Israel. Ubuyobozi bwa Israel bwatangaje ko n’uyu muyobozi mushya na we yiriye ataraye.

Ibitero bya Israel byahitanye abayobozi benshi ba Hezbollah byatangiye nyuma yuko Hezbollah iteye ibisasu muri Israel iri guhorera Hamas, bigatuma Israel ifata umwanzuzo wo kwihorera bikaba byararenze kurasa Hezbollah, n’abaturage bo muri Lebanon bakaba bari kubigenderamo.

Hezbollah yatangaje ko Naim Qassem wari umunyabanga mukuru wayo ari wabaye umuyobozi wayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages