00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hegseth yashinjwe kubogama mu bikorwa byo kuzamura mu ntera abasirikare

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 4 April 2026 saa 09:46
Yasuwe :

Minisitiri w’Intambara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pete Hegseth, yashinjwe kubogama mu bikorwa byo kuzamura mu ntera abasirikare nyuma y’uko yitambitse ukuzamurwa mu ntera kw’abasirikare 12 b’abirabura n’abagore.

Ibi ni ibyatangajwe na bamwe mu basirikare bagaragaza ko impinduka zabaye mu bikorwa byo kuzamura bamwe mu basirikare zisa n’izirimo irondaruhu, kutubahiriza uburinganire no kudaheza ndetse no gukuraho abantu bagaragaraga nk’abatoni ku butegetsi bwa Joe Biden wasimbuwe na Trump.

Ibi bibaye mu gihe Hegseth aherutse gukura ku mirimo Randy George, wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Amerika akibura umwaka muri manda ye yo kuyobora kuri uwo mwanya.

Umuvugizi wa Pentagon, Sean Parnell, yagaragaje ko ibyo ari amakuru atariyo kuko Hegseth azamura abantu mu ntera hashingiwe ku bushobozi bwe.

Ati “Ibyo ni ibinyoma, ni amakuru y’abantu batazi ibyo bavuga kandi bigaragara ko batajya bagera ahafatirwa ibyemezo muri Pentagon. Mu buyobozi bwa Hegseth abasirikare bazamurwa mu ntera kuko babikoreye.”

Ku rundi ruhande abandi basirikare bagaragaza ko uburyo abasirikare bari guhagarikwa bidasobanutse kuko hari nk’abasirikare batatu barwanira mu mazi bahagaritswe bose b’abirabura kandi muri bo nta n’umwe wigeze akorwaho iperereza ngo nibura hemezwe ko hari ibyaha bababonyeho.

Ni mugihe ariko Perezida wa Amerika, Donald Trump na Hegseth batahwemye kugaragaza ko badashyigikiye uburyo bwo kudaheza buzwi nka (DEI: Diversity, Equity and Inclusion), dore ko Trump aherutse gusaba ibigo by’ubwikorezi bwo mu kirere kudashingira kuri ubu buryo baha akazi abapilote.

Minisitiri w'Intambara wa Amerika, Pete Hegseth yashinjwe kubogama mu kuzamura mu ntera abasirikare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages