Izo kontineri zari ziri mu nyubako ibikwamo ibikoresho, iherereye mu gace ka Sapeiman ho mu Majyepfo ya Ghana. Byagaragaye ko ayo mafaranga harimo n’amiganano.
Inzego z’umutekano zagiye kuhasaka nyuma yo guhabwa amakuru ko hari kontineri zibitswemo ibintu bitemewe.
Ayo mafaranga y’amadolari yasanzwe mu dukarito dukozwe mu mbaho tukaba twari twuzuyemo sima.
Utundi dusanduku dukozwe mu mbaho twafunguriwe muri iyi nzu ubwo hakorwaga uyu mukwabu, twabonetsemo andi mafaranga, inyuma bagaragaza ko harimo amakara.
Inzego z’umutekano zatangaje ko muri uyu mukwabu, hari izindi kontineri ebyiri zitabonetse kandi byari byizewe ko zirimo indi mitungo, ariko bavuga ko bakomeje ibikorwa byo kuzishaka.
Gusa bakomeje no gushakisha abantu bane bakekwaho ibi bikorwa, barimo umuyobozi wabo bivugwa ko yitwa Alhaji.
Mu bindi babonye muri iyi nyubako harimo ibyuma bikekwa ko ari zahabu, inoti nyinshi z’Ama-Cedi, n’indi myenda y’imyiganano y’Igisirikare cya Ghana.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!