00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gambia: Bashatse guhirika Perezida Jammeh ku butegetsi baburizwamo

Yanditswe na

Noel T.

Kuya 30 December 2014 saa 02:29
Yasuwe :

Abaturage bo muri Banjul, umurwa mukuru wa Gambia, baremeza ko bumvise urusaku rukomeye rw’amasasu hafi y’ingoro ya perezida Yahya Jammeh, ubwo bamwe mu basirikare bashakaga guhirika uyu muperezida umaze imyaka 20 ku butegetsi, ariko uyu mugambi ugapfuba.
Iyi mirwano yatangiye kuri uyu wa kabiri, Perezida Jammeh yibereye mu ruzinduko mu gihugu cy’u Bufaransa, aho abarwanyi bitwaje intwaro bagabye igitero ku nzu ikorerwamo na Perezidansi ya Gambia, ariko abarinda uyu mukuru w’igihugu (…)

Abaturage bo muri Banjul, umurwa mukuru wa Gambia, baremeza ko bumvise urusaku rukomeye rw’amasasu hafi y’ingoro ya perezida Yahya Jammeh, ubwo bamwe mu basirikare bashakaga guhirika uyu muperezida umaze imyaka 20 ku butegetsi, ariko uyu mugambi ugapfuba.

Iyi mirwano yatangiye kuri uyu wa kabiri, Perezida Jammeh yibereye mu ruzinduko mu gihugu cy’u Bufaransa, aho abarwanyi bitwaje intwaro bagabye igitero ku nzu ikorerwamo na Perezidansi ya Gambia, ariko abarinda uyu mukuru w’igihugu babasha guhagarika iki gitero.

Amakuru aturuka muri Gambia avuga ko inzira zose zerekeza mu mujyi zabaye zifunzwe ngo habungabungwe umutekano.

Umutangabuhamya utashatse kugaragaza amazina ye ku mpamvu z’umutekano, yabwiye ikinyamakuru The New York Times ko abarinda perezida bafite uruhare muri uyu mugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Umuyobozi wungirije ukuriye ubutasi muri Gambia Luis Gomez, yanze kugira icyo atangariza abanyamakuru.

Abashinzwe uburenganzira bwa muntu, bavuga ko ubutegetsi bwa Jammeh bwuzuye akarengane no gushyira igitutu ku batavuga rumwe n’ubutegetsi ndetse n’abanyamakuru. Bamushinja kandi kubangamira uburenganzira bw’ababana bahuje ibitsina.

Perezida Jammeh, ari ku butegetsi kuva mu 1994, nyuma yo guhirika uwayoboraga icyo gihugu, akaba yaratangiye kuyobora Gambia afite imyaka 29.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages