00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Facebook, WhatsApp na Instagram zasubiye ku murongo

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 12 December 2024 saa 05:39
Yasuwe :

Meta yatangaje ko 99% by’ibibazo byatumaga Instagram, Facebook na WhatsApp bidakora neza byose byamaze gukemuka ndetse iri gukora uko ishoboye ngo na bike bisigaye bishyirwe ku murongo.

Ku mugoroba wo ku wa 11 Ukuboza 2024 ahagana Saa Mbiri ni bwo abazikoresha bagaragazaga ibibazo byo kudakora neza.

Abarenga ibihumbi 22 bagaragaje ko muri icyo gihe Facebook itakoraga neza mu gihe abarenga ibihumbi 18 bavugaga ko WhatsApp zabo zitakoraga nk’uko bisanzwe.

Ni ibibazo byabaye mu Bwongereza n’ibindi bice by’u Burayi, Aziya, Australia, Amerika y’Amajyepfo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibinyujije kuri X Meta yagize iti “Mwakoze kutwihanganira. Ubu tumaze gukemura 99% by’ibibazo byose ndetse n’ibisigaye turi kubikoraho. Twiseguye ku bahuye ku bagizweho ingaruka no kudakora neza kw’izo mbuga. Ubu noneho mwaganira n’inshuti zanyu nk’uko bisanzwe.”

Imbuga z’iki kigo cyashinzwe na Mark Zuckerberg zikunze kugira ibibazo byo kudakora neza rimwe na rimwe bikagira ingaruka ku bazikoresha benshi.

Ikibazo cyigeze kubaho gikomeye cyabaye mu 2021. Icyo gihe serivisi za Facebook, Messenger, WhatsApp na Instagram zahagaze amasaha atandatu.

Imbuga za Meta zikunze gukoreshwa cyane kuko nka Facebook ubu ikoreshwa n’abarenga miliyari eshatu, bayikoresha buri kwezi.

Meta yatangaje ko ibibazo byatumaga Facebook, WhatsApp na Instagram bidakora neza byakemuwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .