Trump yahagurutse i Washington DC yerekeje muri Malaysia, u Buyapani na Koreya y’Epfo. Mu rugendo rwe, indege yahagaze muri Qatar mu kigo cya gisirikare cya Al Udeid kugira ngo inywe amavuta.
Emir wa Qatar akimenya ko Trump ari buhahagarare, yihutiye kujya kumureba, undi amwakirira mu ndege aba ariho baganirira.
Emir wa Qatar ubwo yakirwaga na Trump mu ndege yagize ati “Ubwo namenyaga ko agiye kuza kongeramo amavuta, navuze nti ntabwo ndi butume ahaguruka keretse maze kumuramutsa.”
Al Udeid Air Base ni kimwe mu bigo bya gisirikare bibiri biri mu Majyepfo ya Doha. Gikoreshwa n’ingabo zirwanira mu kirere ndetse kizwi nk’Ikibuga cy’Indege cya Abu Nakhlah.
Gikoreshwa n’Ingabo za Qatar zirwanira mu kirere, Qatar Emiri Air Force, iza Leta Zunze ubumwe za Amerika, iz’u Bwongereza n’ibindi bihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!