00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elon Musk yicujije guhangana na Trump

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 June 2025 saa 11:52
Yasuwe :

Umuherwe wa mbere ku Isi, ufite ibigo birimo Tesla, Space X, Starlink na X, Elon Musk, yicujije guhangana na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yemera ko yakabije.

Ubutumwa uyu muherwe yanyujije ku rubuga X kuri uyu wa 11 Kamena 2025 bugira buti “Ndicuza ku bwa bumwe mu butumwa nanditse kuri Perezida Donald Donald Trump mu cyumweru gishize. Bwararengereye cyane.”

Mu cyumweru gishize, Musk na Trump bahanganiye ku mbuga nkoranyambaga, bapfa ingingo y’umushinga w’ingengo y’imari ikuraho “Nkunganire” y’umusoro ku modoka zikoresha umuriro w’amashanyarazi zikorerwa muri Amerika.

Musk washyize imbaraga nyinshi mu mushinga wa Tesla wo gukora imodoka zikoresha amashanyarazi, yagaragaje ko uyu mushinga w’ingengo y’imari ari “ikizira” kidakwiye kwemerwa n’Inteko Ishinga Amategeko.

Uyu mushoramari yagaragaje ko uyu mushinga uzazamura icyuho cy’amafaranga atenganywa mu ngengo y’imari ataboneka, kigere kuri miliyari 2500 z’Amadolari ya Amerika.

Trump yatangaje ko Musk ari “umusazi”, ateguza ko Amerika izahagarika amasezerano ifitanye n’ibigo byose by’uyu muherwe birimo Tesla, Space X na Starlink mu rwego rwo kuzigama “miliyari z’Amadolari”.

Byageze aho Musk yicuza ko yashyigikiye Trump mu gihe cyo kwiyamamaza, asobanura ko iyo adashyigikira uyu Mukuru w’Igihugu, atari gutsinda Kamala Harris bari bahanganye mu matora yabaye mu Ugushyingo 2024.

Musk kandi yatangaje ko Trump ari muri dosiye ya Jeffrey Epstein wakurikiranyweho gukorera abana ihohotera rishingiye ku gitsina, bityo ko ari yo mpamvu uyu Mukuru w’Igihugu atemera ko inyandiko z’iyi dosiye zijya hanze.

Uyu muherwe yatangaje ko yicuza nyuma y’aho Trump agaragaje ko atizera niba bombi bazongera kubana neza nk’uko byahoze.

Elon Musk ni umwe mu bashyigikiye bikomeye Trump mu gihe cyo kwiyamamaza, ndetse bivugwa ko yamuteye inkunga ya miliyoni 250 z'Amadolari
Umubano wabo warenze politiki, winjira no mu miryango
Uyu mubano warangijwe n'ubutumwa bwo ku mbuga nkoranyambaga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages