00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elon Musk yashinje Aba-Démocrates kuba muri dosiye za Epstein

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 2 August 2025 saa 07:45
Yasuwe :

Umukire wa mbere ku Isi, Elon Musk, yatangaje ko abenshi mu bayobozi bakomeye bo mu Ishyaka ry’Aba-Démocrates muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bari muri dosiye za Epstein.

Ibi yabitangaje ku wa 1 Kanama 2025, ubwo Urwego rw’Iperereza muri Amerika, FBI, rwatangazaga ko mu igenzura ryakoze ku bantu bagaragara muri iyi dosiye, basanze nta byaha bifatika bakoze.

Umwe mu bakoresha urubuga rwa X yavuze ko igihe umwe mu bagize Ishyaka ry’Aba-Démocrates yaba Perezida, amazina ari muri dosiye ya Epstein azashyirwa ahagaragara.

Gusa Elon Musk yamusubije ko bigoye kuko benshi mu bakomeye muri iryo shyaka bari muri iyi dosiye.

Yagize ati "Ntabwo babikora kuko abenshi mu bagize ishyaka ry’Aba-Démocrates n’ababashyigikiye bari mu kuri urwo rutonde."

Dosiye za Epstein ni inyito yahawe ibimenyetso bivugwa ko bifitwe n’ubushinjacyaha by’ikirego cy’umugabo w’Umunyamerika witwa Jeffrey Epstein.

Epstein yari umunyemari ukomeye n’inshuti y’abanyepolitiki, abayobozi bakomeye ndetse n’abanyemari. Yaje gutabwa muri yombi mu 2019 akurikiranyweho ibyaha bikomeye birimo gucuruza abana bato hagambiriwe kubashora mu bikorwa by’ubusambanyi.

Uyu mugabo yaje gupfa nyuma y’ukwezi kumwe afunzwe, bivugwa ko yapfuye yiyahuye.

Kuva icyo gihe inkuru y’urupfu rwe ntivugwaho rumwe kuko abenshi bizera ko yishwe kugira ngo adatanga amakuru y’abantu bakomeye bafatanyije mu byaha yashinjwaga.

Ubwo Perezida wa Amerika, Donald Trump, yiyamamazaga yavuze ko naramuka atorewe kuba Perezida azashyira hanze amakuru y’ibikubiye muri dosiye za Epstein.

Kugeza ubu ntibirakorwa ndetse nta n’icyizere ko bizakorwa kuko ku wa 7 Nyakanga 2025, Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika yasohoye itangazo rivuga ko nta rutonde rw’abari abakiliya ba Epstein (Client list) ruhari, ko kandi nta bindi bimenyetso bijyanye n’iki kirego bizashyirwa hanze.

Si ibyo gusa, muri Kamena Elon Musk yavuze ko Trump atashyira izo dosiye hanze kuko na we azigaragaramo, ubutumwa yahise asiba avuga ko yarengereye.

Elon Musk yavuze ko benshi mu bagize ishyaka ry'aba-Democrates na bo bari mu nyandiko z'ibirego bya Epstein

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages