00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Elon Musk ntakigiye mu Kanama k’Ubutegetsi ka Twitter

Yanditswe na Blaise Mukwende Nziza
Kuya 11 April 2022 saa 08:39
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru wa Tesla, Elon Musk, yafashe icyemezo cyo kutajya mu bagize Akanama k’Ubutegetsi k’Urubuga Nkoranyambaga rwa Twitter aherutse kuguramo imigabane.

Aya makuru yatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Twitter, Parag Agrawal, wavuze ko byari byitezwe ko Elon yari kuzashyirwa muri uyu mwanya ku wa 9 Mata 2022 gusa birangira abihinduye.

Izi mpinduka zibayeho nyuma y’uko mu minsi ishize Twitter yari iherutse gutangaza ko ifite gahunda yo kwimika Elon nk’umwe mu bayobozi bagize Akanama k’Ubutegetsi ka Twitter kuzageza mu mpera za 2024.

Elon usanzwe ari nyiri Spacex, uruganda rukora ibyogajuru kuri ubu niwe mushoramari umaze kugeza imigabane myinshi muri Twitter kubera ko afite irenga 9% kuva atangiye kuyigura mu mpera za Mutarama 2022.

Elon Musk ni we uyoboye urutonde rw’abaherwe ku Isi aho afite asaga miliyari 274 z’amadolari ya Amerika.

Elon Musk ntakigiye mu Kanama k’Ubutegetsi ka Twitter

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages