00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Donald Trump yaburiye Isi mu gihe Kamala Harris yatorwa

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 28 October 2024 saa 04:46
Yasuwe :

Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko naramuka atorewe kuyobora icyo gihugu atazagishora mu ntambara, aburira Isi mu gihe Kamala Harris yatorwa.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Ukwakira ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza muri Leta ya Pennsylvania.

Trump wari imbere y’ibihumbi by’abamushyigikiye, yavuze ko gutora Kamala Harris bahanganye, bizazanira Isi intambara ya gatatu.

Ati “ Kumugira Perezida bizaba ari ugukina n’ubuzima bw’Abanyamerika. Abana bacu bazinjizwa mu gisirikare, bajye kurwana intambara mu bihugu batazi.”

Trump yakunze kuvuga ko we natorwa, atazashora igihugu mu ntambara kuko bihombya byinshi.

Aherutse kwandika ku rubuga rwe, Truth Social ko Harris naramuka atorewe kuyobora Amerika, Uburasirazuba bwo Hagati buzamara imyaka 40 buri mu ntambara.

Trump yatangaje ko ari we Perezida wa Amerika utazayishora mu ntambara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages