00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Denmark yahakanye iby’umupilote wayo wiciwe mu gitero cy’u Burusiya

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 22 January 2025 saa 02:56
Yasuwe :

Leta ya Denmark yahakanye amakuru yavugaga ko umupilote wayo utwara indege y’intambara ya F-16 yiciwe mu gitero u Burusiya bwagabye muri Ukraine.

Ibiro ntaramakuru TASS by’Abarusiya byatangaje ko umupilote witwa Jepp Hansen yishwe n’igisasu cyarashwe mu mujyi wa Krivoy Rog ubwo yigishaga ingabo za Ukraine gutwara F-16.

Gusa Minisitiri w’Ingabo wa Denmark, Lund Poulsen, ku wa 20 Mutarama 2025 yahakanye ayo makuru, asobanura ko atari impamo.

Yagize ati “Nta musirikare wa Denmark wiciwe muri Ukraine. Ni amakuru ari kuzenguruka mu bitangazamakuru byo mu Burusiya, ahari kugira ngo bigaragaze nabi Denmark.”

Ibitangazamakuru byo mu Burusiya bivuga ko urupfu rwa Hansen rwemejwe n’inshuti ye ku mbuga nkoranyambaga, gusa ngo iyo nshuti ntibaho.

Leta ya Denmark yiyemeje guha Ukraine indege 19 za F-16 zakozwe n’Abanyamerika, ndetse yanatoje abapilote bo muri Ukraine gutwara izo ndege nk’uko ibyemeza.

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yihanangirije kenshi ibihugu byo mu muryango NATO biha Ukraine intwaro.

Putin yavuze ko nta ntwaro ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi byaha Ukraine, zatuma u Burusiya budatsinda iyi ntambara.

Denmark yahakanye iby'umupilote wayo wiciwe mu gitero cy’u Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .