Ibi Trump yabibwiye abanyamakuru mu kiganiro bagiranye ku wa 25 Mutarama 2026, aho yavuze ko Amerika imaze iminsi iri mu biganiro na Cuba gusa ntabwo yigeze atanga amakuru ahagije y’ingingo ibi bihugu byombi biri kuganiraho, ahubwo yavuze ko ibyo bizatangazwa nyuma.
Kuri uwo munsi kandi Trump abinyujije ku rubuga rwe rwa Truth Social yaburiye Cuba ko ikwiriye kwemera ibigize amasezerano bari kugirana na Amerika cyangwa ikazahagarikirwa ibintu byose byaturukaga muri Venezuela bijyayo.
Ati “Icyo nabwira Cuba ni uko yagakwiye kwemera amasezerano turi kugirana nayo kuko mu gihe bitabaye ibyo nta peteroli, nta mafaranga azongera kujya muri iki gihugu avuye muri Venezuela.”
Cuba yahoze ari inshuti ya hafi ya Venezuela kandi ikabona peteroli ihendutse ivuye muri iki gihugu kibarizwa mu bikize kuri uyu mutungo kamere. Icyakora kuva Perezida Nicolas Maduro yatabwa muri yombi na Amerika ibintu byarahindutse.
Perezida wa Cuba, Diaz-Canel yatangaje ko nta biganiro igihugu cye kigeze kigirana na Amerika, kereka ibijyanye n’ibibazo bito byerekeye n’abimukira.
Ati “Nk’uko amateka abigaragaza kugira ngo umubano wacu na Amerika uzakomere bizashingira ku mategeko mpuzamahanga aho kuba gukangana cyangwa ibindi bitari ngombwa.”



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!