U Burayi bwahawe umuburo mu gihe ubukana bwa COVID-19 bwari bwatangiye kugabanuka ariko mu mezi abiri ashize hakaba haratangiye kugenda hagaragara ubwandu bushya.
Mu kiganiro Umuyobozi wa OMS mu Burayi, Dr Hans Kluge, yagiranye n’itangazamakuru ku wa 17 Nzeri yavuze ko icyorezo cya COVID-19 kiri kubura umutwe mu Burayi asaba abantu kwitwararika.
Yagize ati “Dufite ikibazo gikomeye kiri gukurira mu maso yacu, imibare y’abandura mu cyumweru ubu yarenze iyatangazwaga muri Werurwe ubwo iki cyorezo cyari ku kigero cyo hejuru mu Burayi.”
Yakomeje avuga ko ubu ibihugu byinshi by’i Burayi byatangiye kugira ubwiyongere bw’ubwandu.
Ati “Mu byumweru bibiri bishize, ibihugu birenga kimwe cya kabiri cy’ibigize u Burayi byatangaje ukwiyongera kw’abandura kuri hejuru ya 10%.”
Dr Kluge yabitangaje mu gihe mu Burayi umubare w’abanduye COVID-19 mu cyumweru kimwe urenga ibihumbi 300.
Zimwe mu mpamvu zitangwa zatumye umubare w’abandura wiyongera mu Burayi harimo kuba uburyo bwo gupima iki cyorezo bwarongerewe ndetse bugera kuri benshi, ariko hakaba n’abavuga ko biterwa n’uko abatuye uyu mugabane babaye nk’abadohoka ku mabwiriza yo kwirinda.
Uretse kuburira ko icyorezo cya COVID-19 gishobora kongera kuzahaza u Burayi, Dr Kluge yakebuye n’ibihugu byatangiye kugabanya iminsi uwaketsweho iki cyorezo amara mu kato.
Ati “Tuzi ingaruka kugabanya gato ku minsi y’akato yagenwe bishobora kugira ku muntu ndetse na sosiyete. Ndashishikariza ibihugu n’umugabane gukorana n’abahanga babyo mu kumenya igabanya ryabaho ntiritere ikibazo.”
Ibihugu nk’u Bwongereza na Ireland byagabanyije iminsi y’akato biyigira 10 ndetse u Bufaransa bwo buyikura kuri 14 iba irindwi.
Kugeza ubu muri miliyoni zirenga 29 z’abanduye icyorezo cya Coronavirus ku Isi, u Buyari bufite abarenga miliyoni eshanu, mu gihe mu barenga ibihumbi 900 imaze kwica, bwihariyemo abasaga ibihumbi 220.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!