Uyu mutingito wabaye ku wa Mbere wari uri ku kigero cya 7,4, uba uwa mbere ukomeye wibasiye Colombia muri iki kinyejana.
Colombia yatangaje ko amabendera ku nyubako za Leta ndetse no kuri ambasade za Colombia mu mahanga azururutswa kugeza hagati, mu rwego rwo “kunamira abantu bose bapfuye”, bamaze kugera kuri 216.
Mu mijyi ya Pereira na Cali, abashinzwe ubutabazi bakomeje by’ubutabazi, bashakisha abagwiriwe n’inyubako.
Byari ibyishimo ubwo abatabazi bakuraga Daniela Largo w’imyaka 32 mu bisigazwa by’inzu ya hoteli yo muri Pereira, nyuma y’amasaha 35 yari amazemo.
Abantu benshi barokotse baraye hanze, bamwe kubera ko inzu zabo zari yangiritse, abandi batinya indi mitingito ishobora gukurikiraho.
Ibihumbi by’abantu bajyanye amazi, ibiribwa n’ibindi bikoresho mu duce twibasiwe, mu gihe ku bigo byo gutanga amaraso hari imirongo miremire y’abantu bari bagiye kuyatanga.
Perezida Abelardo de la Espriella, wari wararahiriye imirimo mishya ku wa Gatanu, yatangaje ibihe bidasanzwe ndetse ku wa Kabiri, ubwo yari yasuye Pereira, asezeranya inkunga yo kwishyura ubukode ku miryango yibasiwe n’uyu mutingito.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje inkunga y’ubutabazi ingana na miliyoni 15,5$.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!