00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chancelier w’u Budage yizeye ko intambara y’u Burusiya na Ukraine izarangira mu 2025

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 18 January 2025 saa 09:33
Yasuwe :

Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz, yatangaje ko yizeye ko intambara y’u Burusiya na Ukraine ishobora kuzarangira mu 2025, nubwo yemeza ko hakiri ibikwiye kubanza kujya mu buryo.

Mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabereye mu mujyi wa Wolfsburg, Scholz yavuze ko hagomba gukoreshwa uburyo bwose bushoboka kugira ngo Ukraine yongere kubona amahoro, burimo kuganira n’u Burusiya.

Scholz yakomeje avuga ko u Budage buri gukora ibishoboka ngo bukumire amakimbirane ari hagati ya Ukraine n’u Burusiya kugira ngo iyi ntambara ntizagukire mu muryango wa NATO.

Yagize ati “Dukora uko dushoboye ngo iyi ntambara itaba iy’u Burusiya na NATO."

Yanavuze ko adashyigikiye ko Ukraine ihabwa ibisasu birasa kure cyane mu Burusiya, kuko ngo bidatanga umusanzu mu kugarura amahoro.

Nubwo u Budage bukomeza guha ubufasha Ukraine, Scholz yagaragaje ko igihugu cye kigomba gukomeza gufata imyanzuro yacyo yigenga.

Scholz kandi yashimangiye ko imyanzuro y’amahoro igomba gufatwa hashingiwe ku nyungu za Ukraine n’iza ibihugu byo mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Budage, Annalena Baerbock, aherutse kunenga Scholz ku kuba atarashyigikiye ko Ukraine ihabwa inkunga ya miliyari 3 z’Amayero yo kuyifasha guhangana n’u Burusiya.

Baerbock yavuze ko icyemezo cya Scholz kigaragaza gushyira imbere inyungu z’igihugu, aho gushyigikira amahoro n’ubwigenge bw’u Burayi.

Perezida wa Ukraine, Vladimir Zelensky, akunze kunenga Scholz ku kudafata umwanzuro uhamye mu guha Ukraine izindi ntwaro.

Ku rundi ruhande, u Burusiya bwakomeje kwamagana inkunga ya gisirikare Ukraine ihabwa, buvuga ko ahubwo yenyegeza intambara.

Olaf Scholz ashyigikiye ko Ukraine n'u Burusiya bijya mu biganiro kugira ngo bihagarike intambara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .