00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Canada ishaka kubuza abari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga

Yanditswe na Berrick Munyeshyaka
Kuya 11 June 2026 saa 12:44
Yasuwe :

Minisitiri w’umuco muri Canada, Marc Miller ku wa Gatatu tariki 10 Kamena 2026, yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko, umushinga w’itegeko rikumira abana bari munsi y’imyaka 16 ku mbuga nkoranyambaga.

Imbuga nkoranyambaga zirebwa n’iri tegeko zishobora koroherezwa igihe zigaragaza ko hari uburyo bwihariye zashyizeho, burinda ingaruka mbi zigera ku bana bazikoresha.

Iri tegeko rikubiyemo ingamba zikomeye zo kugenzura AI chatbots no kugabanya amashusho ashobora guhungabanya abana kuri internet.

Umushinga w’iri tegeko uri kwigwaho, nyuma y’uko hagaragaye ubusabe bwinshi bw’ababyeyi n’abaharanira uburenganzira bw’abana.

Iri tegeko riri gutegurwa mbere y’inama ya G7 iteganyijwe mu Bufaransa mu cyumweru gitaha, aho abayobozi b’ibihugu biteganyijwe ko bazibanda no ku bijyanye na AI hamwe no kurinda ibyonona abana kuri internet.

Ibindi byatije umurindi iri tegeko muri Canada ni ubwicanyi bwabaye muri Gashyantare muri British Columbia, ubwo umwana w’imyaka 18 yavuze ko yakoresheje ChatGPT yiga uko azarashisha imbunda mbere yo kugaba igitero cyishe abantu umunani barimo n’umwana w’imyaka itandatu.

Imbuga zizarenga kuri iri tegeko zizahanishwa gucibwa 3% by’amafaranga zinjiza ku Isi cyangwa ihazabu ya miliyoni 10 z’Amadolari.

Muri Australia iri tegeko ribuza abari munsi y’imyaka 16 gufungura konti nshya ku mbuga nka Instagram, Facebook na TikTok. Izafunguwe mbere zarahagaritswe.

Ibindi bihugu byamaze gushyiraho amategeko asa n’aya ni u Bwongereza, u Bufaransa na Nouvelle-Zélande.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages