00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Brésil yashyize mu kato abantu babiri bakekwaho Ebola barimo uherutse muri RDC

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 June 2026 saa 10:34
Yasuwe :

Abayobozi b’inzego z’ubuzima muri Brésil bashyize mu kato abantu babiri bari baherutse kugera muri icyo gihugu baturutse mu bihugu byo muri Afurika, nyuma yo kugaragaza ibimenyetso bifitanye isano na Ebola.

Umwe muri abo bantu babiri, yaje gupimwa basanga nta Ebola afite.

Umugabo w’imyaka 37 wari uherutse kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki cyorezo cyibasiye cyane, yagaragaje ibimenyetso birimo umuriro, bituma afatwa nk’ukekwaho kwandura Ebola, nk’uko byatangajwe na Leta ya São Paulo ku wa Gatandatu.

Uyu mugabo yashyizwe mu kato mu Kigo cya Emilio Ribas gishinzwe indwara zandura kiri i São Paulo.

Ku Cyumweru, abayobozi bavuze ko uyu murwayi basanze arwaye méningite ikomeye, ariko hakomeje gukorwa ibindi bipimo byo kureba niba yaba afite Ebola.

Undi mugabo na we yashyizwe mu kato i Rio de Janeiro, nyuma yo kugera muri Brésil avuye muri Uganda ku wa 22 Gicurasi, akagaragaza ibimenyetso birimo inkorora, imbeho ndetse n’impiswi, nk’uko abayobozi bo muri ako gace babitangaje.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Rio bwatangarije AFP ku Cyumweru ko uyu mugabo basanze arwaye malaria, ariko ko “ikibazo cye kigikomeje gukurikiranwa.”

Ku Cyumweru, Minisiteri y’Ubuzima ya Brésil yatangaje ko ibipimo by’uwo mugabo byagaragaje ko “nta Ebola afite,” ariko akomeza kuguma mu kato kugeza iperereza rirangiye.

Kuva icyorezo cya Ebola cyatangazwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 15 Gicurasi, abantu barenga 250 bamaze gupfa.

Brésil yashyize mu kato abantu babiri bakekwaho Ebola

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages