Reuters yanditse ko Perezida Luiz Inacio Lula da Silva ateganya kwifashisha izi mpinduka mu kongera guhatanira kuyobora igihugu.
Iki cyemezo nikiramuka gifashwe bizatuma inzego zimwe nk’iz’ubucuruzi zitongera gusaba abakozi gukora iminsi itandatu mu cyumweru. Bivuze ko bazaba bakora amasaha umunani ku munsi, bikaba iminsi itanu nk’uko bimeze mu Rwanda.
Perezida Luiz Inacio Lula da Silva ati “Ikirenze ku masaha asanzwe, tugiye guha abakozi uburenganzira bwo kumarana igihe n’imiryango yabo, kugira umwanya wo kuruhuka no kubaho ubuzima bwa nyuma y’akazi.”
Izi mpinduka bizasaba ko zemezwa na Sena, ariko iramutse igize ibyo ihindura byasubizwa mu Badepite.
Mu gihe bizaba byemejwe, amasaha abiri ya mbere azakurwaho mu mezi abiri nyuma y’uko itegeko ritangiye gukurikizwa, andi abiri azakurweho nyuma y’umwaka.
Impinduka kandi zitegeka ko habaho iminsi ibiri y’ikiruhuko ku mukozi buri cyumweru kandi umushahara ntugabanywe. Guverinoma ya Brésil yatangaje ko ibi bizakorwa ku bakozi barenga miliyoni 37.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!