00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Brésil yimye viza abayobozi bo muri Amerika bashakaga kugenzura imyiteguro y’amatora

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 25 July 2026 saa 09:10
Yasuwe :

Leta ya Brésil yimye viza abayobozi babiri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari bagiye kujya kugenzura niba mu myiteguro y’amatora ya Perezida ateganyijwe mu Ukwakira 2026 nta buriganya buri gutegurwa.

Abo bayobozi bari bagize itsinda ryari kujya muri Brésil ni Riley M. Barnes na Samuel Samson bashinzwe demokarasi n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika.

Abayobozi bo muri Brazil bavuze ko uruzinduko rw’aba Banyamerika rwari igerageza ryo kwivanga mu mitegurire y’amatora y’igihugu, aho Perezida Luiz Inácio Lula da Silva ashobora guhatana na Senateri Flávio Bolsonaro.

Senateri Flávio ni umuhungu wa Jair Bolsonaro wabaye Perezida wa Brazil. Ni umwe mu bashyigikiwe na Perezida wa Amerika, Donald Trump.

Brésil yanze ubusabe bwa viza bw’aba bayobozi ku wa 24 Nyakanga 2026, ivuga ko uruzinduko rwabo rugamije kwivanga muri gahunda y’imyiteguro y’amatora no guhungabanya icyizere abaturage bafitiye amatora.

Jair Bolsonaro yakunze gushidikanya ku kwizerwa kw’amatora ya Brazil yifashisha ikoranabuhanga, akoresha imvugo isa n’iya Donald Trump ubwo yari amaze gutsindwa na Joe Biden mu 2020.

Mbere y’amatora ya 2022, Bolsonaro yari yaratumije abadipolomate b’ibihugu by’amahanga kugira ngo abagezeho impungenge ze ku migendekere y’amatora ya Brazil.

Nyuma y’amatora, Urukiko rushinzwe amatora rwanzuye ko Bolsonaro yakoresheje nabi ububasha bwe, rumubuza kongera kwiyamamariza umwanya wa politiki kugeza mu 2030.

Nyuma yaho, Bolsonaro yakatiwe igifungo cy’imyaka 27 azira umugambi wo guhindura ibyavuye mu matora agamije kuguma ku butegetsi, nubwo ubu afungiwe mu rugo.

Mu gihe Brazil yitegura andi matora, Senateri Flávio Bolsonaro yakomeje kuvuga ko hakenewe indorerezi zituruka mu mahanga kugira ngo zirebe niba amatora azaba mu mucyo.

Yongeye kugaragaza impungenge ku mashini z’amatora, ndetse avuga ko zakozwe na sosiyete Smartmatic yagiye ivugwaho ibibazo mu matora yabaye mu bindi bihugu.

Ariko Smartmatic ndetse n’inzego z’amatora za Brésil byasubije ko iyi sosiyete itatanze imashini z’amatora zikoreshwa muri Brésil.

Amerika ishinja Leta ya Perezida Luiz Inácio Lula da Silva gutegura uburiganya mu matora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages