Gates yavuze ko ibi nyuma yo kwemera ko agiye gutanga miliyari 200$ zo gufasha abakene kugeza mu 2045.
Elon Musk aherutse kugira uruhare mu bikorwa byo kugabanya 80% by’inkunga Amerika yatangaga mu bikorwa byo gufasha.
Bill Gates asanga ibyo ari ibikorwa by’ubwicanyi, kandi ko bizatuma impfu ziyongera ku Isi.
Ati “ Umubare w’impfu ugiye gutangira kuzamuka, hagiye gupfa abantu miliyoni nyinshi kubera kubura ibikoresho.”
Amafaranga Gates yatanze, azifashishwa mu kurwanya indwara nka malariya, imbasa, izitera impfu ku bagore n’abana no kugabanya ubukene.
Ubukungu bwa Bill gate kuri ubu bubarirwa arenga miliyari 112$, bivugwa ko umuryango wa Gate Foundation umaze gutanga miliyari 100$ kuva watangira mu 2000, ndetse biteganyijwe ko uzafunga mu 2045.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!