00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Biden yigambye uruhare mu ihirikwa ry’ubutegetsi bwa Assad

Yanditswe na Umutoni Rosine
Kuya 9 December 2024 saa 01:09
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika uri kurangiza manda, Joe Biden, yatangaje ko afite uruhare mu ifatwa rya Damascus, Umurwa Mukuru wa Syria, ryakozwe n’inyeshyamba zitavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Bashar Assad.

Biden yavuze ko Amerika yaciye intege abari bashyigikiye Assad, ati "Ibikorwa byo kugaba ibitero byihuse by’abarwanyi batavuga rumwe n’ubutegetsi mu byumweru bibiri bishize, cyari igikorwa cy’ubutabera bufatika, ndetse n’amahirwe ku baturage ba Syria bari bamaze igihe kinini bababaye."

Yongeyeho ati "Mu myaka myinshi ishize, Assad yari ashyigikiwe bikomeye na Iran, umutwe wa Hezbollah wo muri Liban n’u Burusiya, gusa mu cyumweru gishize, ubufasha bwabo bwarananiwe, bose uko ari batatu. Kuko ibyo bihugu byose uko ari bitatu bisigaye ari ibinyantege nke kurusha uko byari biri ubwo nageraga ku butegetsi."

Biden kandi yijeje ubufasha abahiritse ubutegetsi bwa Assad, avuga ko "Mu gihe twibaza twese igikurikiraho, Amerika izakorana n’abafatanyabikorwa bacu muri Syria kugira ngo tubafashe gutma ibintu bijya mu buryo."

Leta ya Amerika yagerageje gukuraho ubutegetsi bwa Assad kuva mu 2011, ubwo huburaga imyigaragambyo myinshi, hakaba intambara y’abenegihugu ikomeye, aho abarwanyi b’abahezanguni bitwaje intwaro batewe inkunga n’amahanga batahwemye guhangana n’ubutegetsi bwa Assad.

Biden yigambye uruhare mu ihirikwa ry'ubutegetsi bwa Assad

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .