00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bagiye mu nama ya NATO batahana imbunda nk’impano ya Perezida Erdogan

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 July 2026 saa 10:04
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Bart De Wever, yatunguwe no kumenya ko mu mpano yahawe na Perezida wa Turikiya, Recep Tayyip Erdogan, ubwo yari mu nama ya NATO yabereye i Ankara, harimo imbunda ikora neza ndetse n’amasasu yayo.

Iyo mpano yatanzwe mu buryo busanzwe nk’izindi zigenerwa abayobozi bitabiriye iyo nama, ariko De Wever n’abo bari kumwe ntibigeze bamenya ikiri mu byo bahawe na Perezida kugeza bageze ku kibuga cy’indege cya Melsbroek mu Bubiligi, ku mugoroba wo ku wa Gatatu.

Ubwo bari bamaze kugera mu gihugu, ni bwo batangiye kubona amakuru mu bitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, na we yari yahawe impano y’imbunda yanditseho izina rye, iherekejwe n’amasasu. Ayo makuru yavugaga ko abayobozi ba NATO bitabiriye iyo nama bose bashobora kuba barahawe impano nk’iyo.

Impano zari zashyikirijwe abari baherekeje De Wever, zipakirwa mu ndege ya gisirikare batabanje kumenya ibyari imbere. Bamaze kugera i Melsbroek ni bwo bapfunduye impapuro zari ziyipfunyitse, basanga harimo imbunda nto yo mu bwoko bwa revolver.

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko iyo mbunda yahise ishyikirizwa Polisi ishinzwe umutekano wo ku bibuga by’indege, ikaba yayibitse mu bubiko bwihariye. Ntiharamenyekana icyo izakorerwa nyuma.

Ku rundi ruhande, Keir Starmer we yahisemo gusiga iyo mpano muri Turikiya kuko amategeko y’u Bwongereza yerekeye intwaro atamwemereraga kuyijyana mu ndege atashye.

Minisitiri w’Intebe w’u Buholandi, Rob Jetten, na we yemeje ko yahawe impano nk’iyo.

Iyi mpano yari revolver iri kumwe n'amasasu yayo
Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Mark Rutte, ari kumwe na Minisitiri w’Intebe De Wever na Perezida Erdogan wa Turikiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages