00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Arabie Saoudite yemeye kwakira ibiganiro bihuza Putin na Trump

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 15 February 2025 saa 06:42
Yasuwe :

Arabie Saoudite yatangaje ko yemeye kwakira inama y’ibiganiro bigamije guhosha intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya, izahuza Donald Trump na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Ni nyuma y’ikiganiro cyafashwe nk’icy’amateka kuko ari bwo abayobozi bakuru b’ibyo bihugu bari baganiriye kuva intambara ya Ukraine yatangira mu 2022.

Nyuma y’amasaha make, Trump yabwiye abanyamakuru ko ibiganiro byo guhosha iyo ntambara bishobora kubera muri Arabie Saoudite.

Ni ibintu iki gihugu cyahise gisamira hejuru, kirakomeza kiti “Ubwami bwacu bwemeye kwakira inama ku butaka bwacu nko gushimangira imbaraga zabwo mu guharanira amahoro arambye hagati y’u Burusiya na Ukraine.”

Inshuro nyinshi, Umuyobozi wa Arabie Saoudite, Mohammed bin Salman, yakunze kugaragaza ubushake bwo gushakira igisubizo intambara ya Ukraine, aganiriza na Zelensky na Putin mu buryo. Mu 2023 yanasuye u Burusiya aganira na Putin.

Ku wa 14 Gashyantare 2025 kandi Trump yatangaje ko abayobozi ba Amerika n’u Burusiya bagombaga guhurira mu nama y’umutekano yabereye i Munich bakaganira ndetse na Ukraine yari yatumiwe.

Putin na Trump bashobora kuganirira muri Arabie Saoudite

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .