Itangazo ry’ubwami bwa Arabie Saoudite, rivuga ko umubare muto w’abantu baba muri iki gihugu ari bo bazemererwa kujya muri uyu mutambagiro. Bivuze ko n’abanyamahanga basanzwe baba muri iki gihugu bazawitabira.
Abantu bagera kuri miliyoni ebyiri byari byitezwe ko bashobora kujya i Macca n’i Medina mu mpeshyi y’uyu mwaka mu mutambagiro mutagatifu uhuza abayisilamu. Gusa hari hamaze iminsi hari impungenge ko uyu mutambagiro uzahagarikwa.
Mu bihe bisanzwe, uyu mutambagiro ni kimwe mu bintu bikomeye ku ndangaminsi y’umwaka w’abayisilamu.
Ubuyobozi bwa Arabie Saoudite buvuga ko ubu aribwo buryo bwonyine bazashobora kubahiriza amabwiriza abuza abantu kwegerana kugira ngo babarinde kwandura Coronavirus.
Gukora umutambagiro mutagatifu nibura rimwe mu buzima, ni imwe mu nkingi eshanu z’idini ya Islam umuyisilamu wese ubishoboye ategetswe gukora nibura rimwe mu buzima bwe.
Abajya muri uwo mutambagiro i Macca baterana bazengurutse ibuye rinini ryubatse mu musigiti munini ryitwa Kaaba, bagasengera hamwe Allah.
Bakora n’ibindi bikorwa byo gusenga birimo kongera kwiyibutsa impamvu itumye bari ku isi.
Arabie Saoudite imaze kugira abantu 161,005 banduye Coronavirus na 1,307 yishe. Muri mpera z’icyumweru gishize nibwo bahagaritse amategeko agumisha abantu mu ngo zabo.



















TANGA IGITEKEREZO