Ubu bwato bwitwa Grace 1, bwari butwaye utugunguru 2,200,000 twa lisansi bwafashe kuwa 4 Nyakanga uyu mwaka bivugwa ko bwerekezaga muri Syria.
Iran yagiye ivuga kenshi ko ubwato bwayo bwafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Kuwa 19 Nyakanga, ibyumweru bibiri nyuma y’ifatwa ry ubwato bwa Iran, nayo yashimuse ubwato buriho ibendera ry’u Bwongereza bwitwa Stena Impero mu muyoboro wa Hormuz.
Iran yo yavuze ko ubwo bwato bwafashwe kuko bwarenze ku mabwiriza mpuzamahanga y’ubwikorezi bwo mu mazi ariko abandi bakabifata nko kwihorera ku ifatwa rya Grace 1 SuperTanker.
Amerika ikomeza kuvuga ko yafata Grace 1 n’ubundi bwato bwose bukora mu nzira zibusanyije n’amategeko akubiye mu masezerano mpuzamahanga y’ubucuruzi ahuriweho n’ibihugu bikize ku isi, ibikorwa bya forode z’amabanki n’ibifite aho bihuriye n’iterabwoba.
Amerika kandi yategetse ko hafatirwa agera ku $995,000 (£818,000) kuri konti ya banki itavuzwe izina yo muri leta zunze ubumwe za Amerika, ngo afite aho ahuriye na Paradise Global Trading LLC, ikigo Amerika ishinja kugira imikoranire n’ihuriro ry’impirimbanyi z’impinduramatwara zo muri Iran.
Leta zunze ubumwe za Amerika zifata iryo huriro rya kiyisilamu nk’agatsiko k’iterabwoba.



















TANGA IGITEKEREZO