00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yemeje ko ibikorwa byo kuyobora ubwato muri Hormuz biri gutanga umusaruro

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 4 May 2026 saa 09:17
Yasuwe :

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko ibikorwa byo kuyobora ubwato bwikoreye ibikomoka kuri peteroli buri kunyura mu Muyoboro wa Hormuz byatangiye gutanga umusaruro kuva byatangira mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Gicurasi 2026.

Ku wa 3 Gicurasi 2026, Perezida Donald Trump wa Amerika yatangaje ko ibi bikorwa yahaye izina ‘Project Freedom’ bigamije kubuza ingabo za Iran kwima inzira ubwato bw’ibihugu bitandukanye bunyura muri iyi nzira.

Leta ya Iran yari yaburiye ingabo za Amerika ko nizigera muri Hormuz ziraswaho, kandi ko zigomba kwirinda gufunga ibyambu bya Iran biri mu kigobe cya Persique.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Gicurasi, ingabo za Iran zirwanira mu mazi zari zatangaje ko zakumiriye ingabo za Amerika zerekezaga muri Hormuz, mu gusobanura ko ‘Project Freedom’ yapfuye igitangira.

Ubuyobozi bw’ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) bwatangaje ko ubwato bubiri burasa misile bwinjiye mu kigobe cya Persique kugira ngo zikumire ingabo za Iran ziri gufunga inzira.

CENTCOM kandi yasobanuye ko ubwato bubiri bw’ubucuruzi bwa Amerika bwanyuze muri Hormuz bubifashijwemo n’Abanyamerika bari muri ‘Project Freedom’.

Hari impungenge ko intambara ya Amerika na Iran ishobora kurota nyuma y’agahenge kagiye kumara ukwezi, ikabera mu Muyoboro wa Hormuz.

Umuyoboro wa Hormuz ni inkingi ikomeye y’ibihugu byinshi byo mu kigobe cya Persique. Unyuramo 20% by’ibikomoka kuri peteroli bijya ku isoko mpuzamahanga.

Ingabo za Amerika zatangiye 'Project Freedom' mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Gicurasi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages