00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yavuze ko nubwo yakozanyijeho na Iran, agahenge kagikomeje

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 May 2026 saa 08:11
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko nubwo mu minsi ishize zakozanyijeho na Iran, ab’i Tehran batagerageje kurenga ku gahenge kashyizwemo mu guhagarika intambara kagikomeje.

Mu minsi ishize Amerika yashatse gufungura inzira ya Hormuz ku ngufu ikozanyaho na Iran. Igisirikare cya Amerika cyavuze ko cyarashe ubwato buto bwa Iran ikoresheje misile zayo na za drones.

Hari mu bikorwa byo kuyobora ubwato bwikoreye ibikomoka kuri peteroli buri kunyura mu Muyoboro wa Hormuz.

Ku wa 3 Gicurasi 2026, Perezida Donald Trump yatangaje ko ibi bikorwa yahaye izina ‘Project Freedom’ bigamije kubuza ingabo za Iran kwima inzira ubwato bw’ibihugu bitandukanye bunyura muri iyi nzira.

Minisitiri w’Intambara wa Amerika, Pete Hegseth, yavuze ko ibikorwa byo kurinda ubwo bwatwo bwari bwikoreye ibicuruzwa byari iby’igihe gito ariko ko agahenge ko kagikomeje.

Ati “Ntabwo tugamije intambara. Kugeza ubu agahenge karacyahari ariko tuzakomeza gukurikiranira hafi ibi ibintu.”

Ku wa 4 Gicurasi 2026 Iran yarashe ku bwato bwa Amerika, ndetse igaba ibitero kuri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu yifashishije drones na za misile. Kuri uyu wa 5 Gicurasi na bwo UAE yagaragaje ko iri kwitegura ibisasu biri guturuka muri Iran.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko muri Iran, Mohammad Baqer Qalibaf, yavuze ko ibyo Amerika yakoze ari ugutesha agaciro agahenge ndetse ko byahungabanyije ingendo zo muri Hormuz.

Ati “Turabizi ko gukomeza ibintu muri uyu mujyo bibangamiye Amerika ariko si twe twabitangije.”

Amerika yavuze ko nubwo yakozanyijeho na Iran, agahenge kagikomeje

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages