00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yatesheje agaciro Visa zirenga ibihumbi 100

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 January 2026 saa 07:28
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zatesheje agaciro Visa zirenga ibihumbi 100 z’abantu bagonganye n’abo mu nzego zishinzwe umutekano.

Kuri uyu wa 12 Mutarama 2026, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika yatangaje ko muri visa zateshejwe agaciro harimo iz’abanyeshuri 8000 n’izindi 2500 zihariye.

Iyi Minisiteri yagize iti “Tuzakomeza kwirukana aya mabandi kugira ngo Amerika ikomeze itekane.”

Mu bakozi bari bafite Visa zihariye, 50% by’izateshejwe agaciro harimo iz’abafashwe batwaye ibinyabiziga basinze, 30% z’abakoze ubugizi bwa nabi, 20% zikaba ari iz’abakoze ubujura, abahohoteye abana n’abakoze ibyaha by’iyezandonke.

Abanyeshuri hafi 500 barebwa n’iki cyemezo bakurikiranyweho ibyaha birimo kubika no gukwirakwiza ibiyobyabwenge.

Visa zirenga ibihumbi 100 zahagaritswe muri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages