00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yateguje ibitero simusiga kuri Iran

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 June 2026 saa 07:30
Yasuwe :

Perezida Donald Trump yatangaje ko ku wa Kabiri bagabye ibitero bikomeye kuri Iran ariko no ku wa Gatatu tariki 10 Kamena 2026 bongera kubarasaho.

Trump yavuze ko ibitero byagabwe ku wa 9 Kamena byari biremereye cyane nubwo impande zombi zarasanye bikomeye. Ubwo yari mu biro bye Oval ku wa 10 yabwiye Itangazamakuru ko n’uyu munsi bongera kurasa Iran.

Ati “Twabarashe bikomeye ejo ndetse tugiye kubarasa bikomeye nanone uyu munsi.

Trump kandi yasabye Iran kwemera gusinya amasezerano yo guhagarika intambara.

Ibitero Amerika yagabye kuri Iran ku wa 9 Kamena, byakurikiye icyhanuye indege y’igisirikare cya Amerika yagenzuraga umutekano hejuru y’inzira ya Hormuz.

Iran yahise itangaza ko yihimuye kuri Amerika irasa ku bigo bya gisirikare bya Amerika biri mu karere.

Trump abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko Iran yazaririye mu biganiro biganisha ku masezerano yari kuyungura bikomeye bityo bagomba kwishyura ikiguzi cyabyo.

Trump yavuze ko ingabo za Iran zatsinzwe intambara nubwo na Iran yemeza ko Amerika yatsinzwe mu ntambara bahanganyemo.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Iran Esmaeil Baqai yashinje Amerika kudobwa ibiganiro binyuze mu butumwa buvuguruzanya yohereza, guhindagura ibyo yifuza mu masezerano hamwe no kurenga ku gahenge.

Perezida Trump yavuze ko bongera kugaba ibitero bikomeye kuri Iran

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages