00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yatangiye kwikanga ibitero ku butaka bwayo bihorera Khamenei

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 March 2026 saa 04:45
Yasuwe :

Ubutasi bwa Amerika bwatangaje ko bwabonye amakuru yemeza ko Iran n’imitwe bikorana bishobora kugaba ibitero kuri Amerika byihorera ku rupfu rwa Ayatollah Khamenei.

Raporo n’isesengura byakozwe n’inzego z’ubutasi za Amerika byerekana ko hari ibyago by’uko Iran n’abo bafatanya bagaba ibitero kuri Amerika nubwo bitari ku rwego rukomeye.

Iyi raporo igaragaza ko mu bihe bya mbere habanza ibitero by’ikoranabuhanga bigamije guhakana ko ibyo bitero biri gutegurwa.

Iyi raporo y’isesengura ku mutekano igira iti “Nubwo ibitero bikomeye mu buryo bufatika bititezwe, Iran n’abo bafatanya ni ikibazo gikomeye ku kugaba ibitero ku butaka bwacu kandi birashoboka ko bakwagura ibikorwa byo kwihorera mu gihe urupfu rwa Ayatollah rwaba rwemejwe.”

Minisitiri w’Umutekano Imbere mu gihugu, Kristi Noem, yavuze ko bari gukorana n’inzego z’ubutasi n’inzego nyubahirizategeko kugira ngo haburizwemo ibishobora kuvamo ibitero ku butaka bwa Amerika.

Urupfu rwa Ayatollah Ali Khamenei rwemejwe ku wa 1 Werurwe 2025, nubwo Israel na Amerika byarwemeje ku wa 28 Gashyantare.

Ku wa 2 Werurwe 2026, iperereza ryakozwe ku bantu babiri barasiwe mu kabari kari muri Austin muri Leta ya Texas ryagaragaje ko hakiri kare guhita bemeza ko uwarashe abantu yabitewe n’igitero Amerika yagabye kuri Iran.

Ifoto y’umuntu warashe abo bantu na we akaraswa na polisi, bigaragara ko yari yambaye ishati iriho ibendera rya Iran, ndetse ijambo Iran ryanditse n’amagambo y’icyatsi, umweru n’umutuku.

Yari yambaye n’umupira w’imbeho wanditseho ko ari uwa Allah.

Yari yambaye n’umupira w’imbeho wanditseho ko ari uwa Allah.

Amerika yatangiye kwikanga ko Iran yagaba ibitero ku butaka bwayo bigamije kwihorera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages