00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yatangiye kubaza ibihugu by’i Burayi abasirikare bizohereza muri Ukraine

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 16 February 2025 saa 02:41
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye gukusanya amakuru mu bihugu by’u Burayi ngo zimenye abasirikare bizohereza mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Ukraine, igihe bazaba bumvikanye ku masezerano yo guhosha intambara.

Amakuru aturuka kuri bimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Ubutabarane hagati y’u Burayi na Amerika, OTAN, ahamya ko Amerika yaboherereje ibibazo birimo umubare w’abasirikare n’inkunga mu bya gisirikare ibi bihugu byiteguye gutanga muri Ukraine mu nzira yo kugarura amahoro.

Umwe mu badipolomate yabwiye Reuters ati “Amerika iri kuzenguruku ibihugu byo mu Burayi, ibibaza abasirikare bangana iki byiteguye kohereza.”

Ku wa 12 Gashyantare ni bwo Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yagiranye ikiganiro na Perezida w’u Burusiya bakemeranya gutangira inzira y’ibiganiro bigamije guhosha intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Kuva icyo gihe Amerika yatangiye kohera ibibazo mu bihugu by’u Burayi.

Mu nama yiga ku mutekano yabereye i Munich, Perezida wa Finland, Alexander Stubb, yemeje iby’ibyo bibazo avuga ko Amerika yohereje ibibazo mu bihugu by’u Burayi, ndetse yibaza niba ibyo bihugu bizasubiza.

Ati “Ibihugu by’u Burayi nibyo bizahitamo niba bizasubiza ibyo bibazo cyangwa niba bizasubiriza hamwe.”

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko akeneye nibura abasirikare ibihumbi 200 bavuye mu Burayi bo kugarura amahoro muri Ukraine kugira ngo agirane amasezerano n’u Burusiya, ariko abahanga bagaragaza ko bigoye.

Biteganyijwe ko abayobozi batandukanye bahagarariye Amerika n’u Burusiya bazahurira mu nama muri Arabia Saudite igamije kuganira ku ntambwe izakurikira mu kugarura amahoro muri Ukraine, ariko Ukraine ntiyatumiwe muri iyo nama nk’uko Perezida Zelensky abivuga.

Si ibyo gusa kuko ibihugu by’u Burayi nabyo byagaragaje ko bishaka kugira uruhare mu myanzuro yo guhosha intambara yo muri Ukraine igiye kumara imyaka itatu ariko ntibyatumiwe muri iyi nama.

Amerika yatangiye kubaza umubare w'abasirikare b'u Burayi bazajya kugarura amahoro muri Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .